WHERE IS THE BODY

Umusore cyangwa inkumi w’imyaka 18 ashobora gushyingirwa byemewe n’amategeko – itegeko risha

Telesifoli Munyabarenzi asanga iri tegeko ryaragombaga gutandukanya umwana w’umukobwa n’uw’umuhungu Uyu mubyeyi wo mu karere ka Karongi we ariko asanga iri tegeko ryaragombaga gutandukanya umwana w’umukobwa n’uw’umuhungu. “Ari umukobwa byashoboka ariko umuhungu aba akiri umwana. Burya abakobwa bo ntibagira byinshi bibavuna.” Impuguke mu bijyanye n’imyororokere (reproductive health) Dr Anicet Nzabonimpa, wewe asanga gushaka kare ari byiza, ariko ku rundi ruhande agasanga ingaruka zitari nziza zishobora kuvuka mu muryango mu gihe abantu baba badashishoje bihagije. Ati: “Birashoboka kuko kuri iyo myaka, umubiri we uba witeguye kuba wabyara (umukobwa) akanarera umwana. Ikindi ni uko kubaka urugo rwiza bidasaba imyaka. Ingo zubakwa zigakomera si iz’abantu bashatse bakuze. Imyaka si cyo kimenyetso”. “Hagati aho, abantu bigishwe ko badategetswe gushyingirwa kuri iriya myaka. Ahubwo ni mu gihe bibaye ngombwa. Ni ngombwa ko umuntu atangira gukora imibonano mpuzabitsina akuze kandi agashyingirwa akuze bihagije mu rwego rwo kurengera ubuzima.” Dr Anicet Nzabonimpa abona ko abantu bakwiye kwigishwa ko badategetswe gushyingirwa kuri iriya myaka Kuba iri tegeko ribayeho ni kimwe ariko ngo ntibyaba bihagije mu gihe ritaherekezwa n’izindi ngamba. Hari abasanga hakwiye uburyo bushya bwo kwigisha kugira ngo umwana agere ku myaka 18 yarakuze bihagije kandi yarashoboye no kwiyubaka mu rwego rw’ubukungu. Ikindi ngo birakwiye ko iri tegeko ritaba icyuho gifasha abahohotera abana kandi n’ingamba zisanzwe zo

Nyiransabimana wo mu karere ka Rubavu yashatse afite imyaka 17 gusa. Kuri ubu agize imyaka 22 kandi afite abana batatu.

Avuga ko yagiye agorwa mu gihe cyo kubyara kuko yashatse ari mutoya, akagira inama abandi bakobwa bakiri bato kwitonda kugira ngo babaze bakure neza.

Ati: “Nta mwana naha inama yo gushaka ari mutoya kuko ashobora guhura n’ibibazo, namubwira akarya ubuzima akazashaka amaze guca akenge.”

Mu Rwanda itegeko rishya ry’umuryango ryemerera umusore cyangwa inkumi wujuje imyaka 18 kuba yashyingirwa byemewe n’amategeko mu gihe agaragaje impamvu zumvikana.

Hari abasanga iri tegeko rizaha urubuga abasanganywe ingeso yo gusambanya abana bato ndetse rikazanadindiza imibereho y’urubyiruko mu gihe rwinjiye mu rushako hakiri kare.

Gusa hari n’abandi bashyigikiye iri tegeko bavuga ko rizakemura ibibazo nk’icy’abana baterwaga inda bakarera abana bonyine kandi abazibateye bifuzaga kubana na bo bakazitirwa n’amategeko.

Ntamukunzi afite imyaka 21, aracyari ingaragu kandi ngo ntateganya no gushaka mbere y’imyaka ibiri.

Nubwo atarashaka ariko asanga hari impamvu zatuma umuntu yakwemererwa kurushinga afite imyaka 18.

“Kubera inda nyinshi zisigaye zivuka mu bana,ni byiza ko umukobwa yabyara ari mu rugo rwe.”

Iki gitekerezo kirasa n’icy’undi mukobwa wo mu murenge wa Rusiga w’akarere ka Rulindo, mu ntara y’amajyaruguru .

“Ni byiza kuko n’ubundi urubyiruko rw’iki gihe rusigaye rushaka kare. N’ubundi imyaka 21 yageraga babyaye nka kabiri. Nk’abo itegeko ryabemerera bagashinga urugo.”

Ku ruhande rw’ababyeyi na ho ibitekerezo kuri iyi ngingo biratandukanye. Hari abasanga imyaka 18 ari mikeya cyane, ariko bakumva itegeko ryashyigikirwa mu gihe hari impamvu zikomeye zitanzwe.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Scroll to Top