• Home
  • Latest news
  • Doris Uwicyeza Picard ati: “Amategeko y’igihugu yacu arasobanutse neza ku burenganzira bwo kwigaragambya.
Image

Doris Uwicyeza Picard ati: “Amategeko y’igihugu yacu arasobanutse neza ku burenganzira bwo kwigaragambya.

Uko byifashe ku icumbi ry’i Kigali ryitegura kwakira abimukira bavuye mu Bwongereza

Ariko yongeyeho ati: “Ugomba kwibuka ko impunzi muri rusange, ndetse ku bijyanye n’ibikorwa bya politiki by’impunzi, hari ibyo zibuzwa n’amasezerano agenga impunzi.”

U Rwanda rwakiriye abandi basaba ubuhungiro, ndetse akenshi rutanga urugero rw’ikigo kibacumbikira by’igihe gito – kiri i Gashora mu karere ka Bugesera – mu majyepfo ya Kigali, nka gihamya ko rushobora kubitaho neza cyane.

Iyi nkambi icumbikiye Abanyafurika bari baraheze muri Libya, ubwo babaga barimo kugerageza kugera i Burayi, ndetse iyoborwa n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR).

Ni ahantu aba bantu batishoboye bacumbikirwa by’igihe gito, mu gihe baba barimo kwiga ku byo bagiye gukurikizaho. Bashobora guhitamo gutura mu Rwanda. Ariko umuyobozi w’iyi nkambi, Fares Ruyumbu, avuga ko nta n’umwe muri bo wari wahitamo gutura mu Rwanda.

Icumbi ‘Hope’ ryambaye ubusa imbere (uretse ibitanda) ariko leta y’u Rwanda irashaka kuzuza abantu mu byumba byaryo mu gihe cy’ibyumweru

Urebeye mu madirishya y’iri cumbi, ushobora kubona urwungikane rw’imisozi yo mu duce dusukuye tw’i Kigali. Ni umujyi mwiza urimo imihanda iri kuri gahunda kandi itekanye ku bijyanye n’ubugizi bwa nabi. Intero y’iki gihugu ni “u Rwanda rurakora [rurashoboye]”.

Bamwe mu bashya bazahagera bashobora gushaka akazi hano, ariko hari ibitekerezo by’uruvange ku bijyanye no kumenya niba u Rwanda rucyeneye abakozi bashya.

Emmanuel Kanimba, ufite resitora i Kigali, ati: “Ntekereza ko bizaba ari byiza ku bukungu bw’igihugu.

“Ndabizi ko bizaba ari ukunguka amaboko, bazanakora ibicuruzwa banatange za serivisi kandi bazanagira ibintu bagura. [Hakabaho kandi] ibitekerezo bishya bashobora kuzana mu bukungu bwacu.”

Undi mugabo arabaza ati: “Ariko se aba bantu uzababonera akazi hehe?

“Natwe ubwacu twarangije za kaminuza ariko nta kazi turabona. Turi hanze aha dushakisha akazi.”

Uwo mugabo ntiyashatse ko umwirondoro we utangazwa kuko yari arimo gutanga igitekerezo kinyuranya na gahunda ya leta, bigaragaza umwuka w’ubwoba ututumba muri iki gihugu.

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Releated Posts

Abarenga 2.000 mu kangaratete kubera umusozi wabo wahindimutse

Umwana umwe w’imyaka itanu yaraye apfuye, abanyagihugu barenga 2.400 nabo ubu bakaba batagira aho bakika umusaya. Ni inyuma…

ByBypataroApr 20, 2024

iss Rwanda 2020 Naomie Nishimwe has said ‘Yes’ to her boyfriend Michael Tesfay. The two have been dating since 2022.

Nishimwe Naomie Mackenzie· Works at Models · Worked at Fashion. Via what appears to be his only Instagram…

ByBypataroApr 18, 2024

Kigali (Rwanda) – The former Inspector General of Rwandan Police (IGP), Emmanuel Gasana a.k.a Rurayi is to be charged in court.

Ramaphosa yaganiriye na Kagame ubwo yari yagiye i Kigali mu muhango wo kwibuka, Kagame ati: ‘Nanyuzwe’ no kuganira…

ByBypataroApr 18, 2024
1 Comments Text
  • droversointeru says:
    Your comment is awaiting moderation. This is a preview; your comment will be visible after it has been approved.
    Hiya, I’m really glad I have found this info. Today bloggers publish just about gossips and web and this is actually irritating. A good web site with exciting content, this is what I need. Thanks for keeping this web site, I’ll be visiting it. Do you do newsletters? Cant find it.
  • Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Scroll to Top