WHERE IS THE BODY

Miss Nyambo continues to win men’s hearts with her timeless beauty – pictures. Mutange ibitekerezo kuri Miss Nyambo Jesca

MISS NYAMBO. AHAA
Ati: “Ahubwo se njyewe bijya bicanga, umugore arataka akavuga ngo igise kiranyishe kirimo kumurya, akavuga ko atazongera, agatuka umugabo we, mama imbaraga zo kubyara abana 5 wazikuye he kandi igise kiryana? Wa mubyeyi we, mama wanjye ubahwa pe! Kuko njye iyo Imana itaza kubaho nari gusenga mama wanjye.” Akomoza ku buryo afata Umunsi w’Umugore, Miss Nyambo avuga ko ashimira abantu bawutekerejeho, kubera urukundo akunda umubyeyi we (nyina), abona akwiye byinshi kandi byiza. Ati: ”Iyo mfashe mama wanjye agaciro afite mu buzima bwanjye, n’ukuntu mukunda, ni abantu badasanzwe kurusha abagabo, umugore akunda umwana we ukumva birakurenze, hari ubuzima abagore banyuramo umugabo atashobora, gutwita, kujya mu mihango ya buri kwezi, ntabwo biba byoroshye. Ibyo byose umugabo akumva ari ibintu bisanzwe, kandi azi ko atabishobora, rero ni umunsi wihariye.” Ku rundi ruhande ariko, Miss Nyambo avuga ko hari abagore badaha abagabo impamvu z’uko umugabo yamwubaha. Ati: “Muri ubu buzima hari abantu batanga impamvu zo kutabubaha, umugore ntakubaha, ntiyubaha umuryango wawe, ugasanga ni wa mugore utamenya icyo umwana we yariye. Uzi ko abagabo benshi mu ngo ari bo bamenya abana babo, amenya size umwana yambara, akamenya ibyo akeneye, hari abagore bashaka kwisileyingira (Slaying), niba yarabyaye yarabyaye na we wite ku bana bawe, ariko niba umugore akubaha, akagukundira

Nyambo is a Rwandan girl who has become famous in Rwandan cinema. This girl is loved by many guys because of her beauty that attracts them.

Not only guys love her because parents, children, youth and old people also love her because she is a girl who knows what she wants and has a good heart.

Umwanditsi akaba n’umukinnyi wa filime nyarwanda Nyambo Jessica uzwi cyane nka Miss Nyambo, avuga ko akurikije uko abona abagore bagiye kubyara baba bamerewe iyo bari ku gise, aterwa ubwoba n’ukuntu kiryana

Mu kiganiro yagiranye n’imwe muri televiziyo zikorera kuri YouTube, Miss Nyambo ukunzwe cyane n’abatari bake, mu bakurikiranira ibijyanye na Sinema Nyarwanda, avuga ko ahora yibaza niba igise kizamurya kurusha uko yumva uburibwe bw’igifu.

Yagize ati: “Njye iyo mbonye umugore yigaragura hasi kubera igise, avuga ngo mama we noneho ndakubashye, ndagukunze, mbabarira ku makosa yose nagukoze, buriya aba yumvise ko mama yaciye ahakomeye kubera we.”

Yongeraho ati:”Yesu we! Igifu kijya kindya noneho ngahita mbaza muganga ngo harya igise kizandya kurusha uko igifu kiri kundya? Igifu kirandya nkumva ubuzima ndabuhaze, iyo numvise ko igise kizarenzaho mpita numva nzapfa pe! Ibaze ariko igise kikurya ukica igisebe ntunabyumve, ntakubeshye ibyo bintu nanjye bintera ubwoba.”

Kuri Miss Nyambo ngo ntiyiyumvisha ahantu abagore bakura imbaraga zo kubyara abana barenze umwe, kandi baba baribwa bikabije. 

Leave a Comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Scroll to Top